Imikino

Zinedine Zidane yakonoje ku cyatumye ava muri Real Madrid

Zinedine Zidane waruzwi nk’umutoza wa Real Madrid yakomoje ku cyatumye ayivamo ku nshuro ya kabiri, atarangije amasezerano, avuga ko impamvu nyamukuru ari uko atari agifitiwe icyizere n’kkipe ndetse n’hbuyobozi bukaba butari bumushyigikiye.

Mu ibaruwaZinedine Zidane yashyize hanze,yavuze ko hari abantu birengagiza ibyiyumvo by’abantu n’ubuzima bw’abandi bakabateza ibibazo.

Zinedine Zidane wasezeye ku wa Kane w’icyumweru gishize,nyuma y’aho abayobozi ba Real Madrid bamugaragarije ko batishimiye ko yamaze umwaka nta gikombe.

Yari inshuro ya mbere kuva 2009-10 Real Madrid irangije umwaka nta gikombe na kimwe itwaye cyane ko uyu mwaka yagiye itsindwa cyane.Gutsindwa kwababaje benshi n’abafana ba Real Madrid n’ugusezererwa muri Copa del Rey na Alcoyano no muri ½ ubwo yatsindwaga na Chelsea muri Champions League.

Real Madrid yasoje La Liga iri ku mwanya wa 2 nyuma yo kurushwa ana Atletico Madrid yatwaye igikombe amanota 2.

Mu ibaruwa Zidane yanditse yashyizwe hanze na AS,yagize ati “Nafashe umwanzuro wo kugenda kandi ndashaka kubabwira impamvu.Ntabwo ari ukwiyemera cyangwa se kurambirwa gutoza…Nagiye kubera ko numva ko ikipe itari ikimfitiye icyizere nifuzaga cyangwa se kumfasha kubaka ikintu cyako kanya cyangwa se kirambye.

Nzi umupira kandi nzi neza ibyo ikipe nka Real Madrid isaba.Ndabizi ko iyo udatsinze ugomba kugenda.Kubera ibi,ikintu cy’ingenzi kiribagirana,ibyo nubatse umunsi ku munsi byaribagiranye…”

Zidane amaze imyaka 20 ari muri Real Madrid aho yayubatsemo amateka akomeye yaba nk’umukinnyi cyangwa umutoza.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger