IbitekerezoUtuntu Nutundi

Umunyamakuru w’umugome w’umutindi yoreka imbaga iyo ari mubi imbere ntacyo ahusha abiba intimba

Umunyamakuru w’umugome w’umutindi yoreka imbaga iyo ari mubi imbere ntacyo ahusha abiba intimba. Kandi itangazamakuru rikozwe n’umugome w’umutindi rimara abantu. Umuntu udatinya gutuma umuntu yandagara yagutuma no mumva.

Ubundi nta muntu mubi ubaho ku mubiri bimwe benshi baha agaciro by’inyuma , gusa iyo uri mubi ku mutima no mu mutima noneho ntunabimenye ni akaga kuko n’umutima wawe haba hibereyemo ibibi gusa aribyo : ubugome n’ubutindi, gushyashyariza, ntatukanye nkoresheje ijambo ribi kubantu nakwitiza nti”guhunahuna mu buzima bw’abandi ushaka gusa ibibi “ugendereye gushakamo icyo usohora, wandika se, uvuga se, kuburyo yaba umusaza, umubyeyi, umwana, ubyiruka se yaba umuhungu n’umukobwa, uwariwe wese ntutinya, ntushidikanya, ntutekereza kandiiiiiiiiii ukabitindaho, ukabirondora weeeee ntunagire isoni ahubwo ; ugashyugumbwa muri (détails ) zose ibibi ukabirata nk’umuvugo hoshye ibyiza; wamara gusenya umuntu waremwe nkawe bitewe n’umujinya n’ubusambo, umururumba no kudahazwa, ukumva ubuzima usigaye ufite ari ugutura abandi ibibi byuko uko wakuze naho wakuriye cyangwa wize ukuze dore ko hari nabotswa (konka) nyuma bakura bagahitamo inkota kandi bararereshejwe amata n’ubuki !

Tutarenganyije ababyeyi bo bakihitiramo ikibi kugeza naho nubu ngubu umuntu aba atunze duke aho kuba twiza akatubamo gitindi, ukanahemberwa ibibi wakoze usenya ikiremwamuntu. Ni akaga doreko ishyano riri mu mutima uba ubwo uryikoreye utarizi.

Warangiza ukajya mu bantu ugaseka ukegama ugakomeza akazi wicishije umuntu ubugome bucukumbuye bwizweho watinzemo, wicayeho; nukuri mpita nemera ko umuntu ari mubi koko.

“Uri mukaga ntawumuhata umwaga” kereka wowe, umuntu wize ntunasesengura gato kavuzwe n’abakuru ngo “umugabombwa aseka imbohe”!

Umuntu umeze gutya hose k’umutima, mu mutima, akagira n’isura yihariye agahanga kijimye aseka agoye iyo ari mubi imbere noneho n’inyuma biragaragara sinshidikanya kuko nemera ko indabo z’amarosa na nyiramunukanabi n’ibiremwa ariko sinasiba kwemeza ko uwo bikozeho nubwo byakuriye mu gitaka kimwe bisohokamo ibitandukanye nemerako nanjye ko iyo imbere hamuzwe honka ibibi bikanagera inyuma hasanzwe uko nyiraho yihariye ntavuze habi uba uri mubi peee kandi koko ntiwanahinduka kereka urukwavu rumeze amababa.

Tugira twese ubusembwa ubwanjye ndabuzi mubundekere burakanyagwa ariko ubwawe aho nkuruta, ububi bwawe ntubuzi ! kuko ubwo gushyugumbwa ushaka ikibi utangaza ngo ukunde wishime nuko urwego ugezeho ntago wiyizi uziko ukora ikiza ugaseka neza ariko hari benshi wakomerekeje warwaje imitima, hari abakuzi ubu ko ntakiza cyakuvamo, hari nabahita bakumenya bagisoma umutwe wibyo wanditse, muri make ntanugishakisha agisoma ; benshi bamenya naka mubi arongeye akomye imbarutso.

Muri make; ububi n’ubutindi, itiku n’urwango, ubugome mu buryarya, gushyabirana no gushyugumbwa ngo ushake ibitambo nibyo irangamuntu yawe.

Ntakwihaye umuntu umeze gutyo wanga abandi, ukunda ko benshi baboroga uri agaca mu nkoko ukaba n’imungu mu myaka uri mubi wo gacwawe singutinya ntinya uwo uriwe kubandi , kuko kurinjye icyo wakora cyose kizasanga nararokotse inshuro nyinshi kizaza nshire ariko mpore nkomeze inkovu ni nyinshi kizazinyereraho.

Ariko se wibaza abataramenyereye gutokozwa aho ubasiga naho ubugome mu nkuru bwawe busiga bubangije ? Umuntu udatinya gutuma umuntu yandagara, ubu se tukwite ” umwanda? Umuhengeri? Nkomokoyikibi? Nyamutonekinkovu? Nyamugenzwanikibi? Waretse koreka imbaga ko ibitambo bibaye byinshi?

Utegereje inkuru nkizawe kuri wowe? Utekerezako uwagushakaho ikibi yakibura kugera mu buriri bw’uwaguhetse?

Rubanda wandagaza woreka uragirango bo ntibaba babi? Umuntu urutwa n’imfubyi yireze bumuntu koko? Kumugara umutima wabiretse cyangwa dushyireho akadomo umenywe mu bibi gusa?

Baragushuka ngo uzi gutara inkuru kandi wamamaza ubutindi n’ubugome ukoresheje umuhoro n’ubuhiri bw’ururimi n’umutima waboze utakigira ubumuntu.

Umuntu ushimishwa n’ibibi gusa akarara adasinziriye abishaka abipanga ni mubi koko kuko ni indwara yo kutamenya ikibi gisenya umuntu nta kuremba kurenze uko sigaho. Abo ubwenge bwawe butera amarira bazaguhagama.

Umugome w’umutindi, mubi k’umutima no mu mutima babaho kandi akabaho agaseka ! Yemwe uwo muntu ateye ubwoba aratumara.

Ukarengaho ugahemberwa ibibi ukajya kuri banki nk’abazima, ukagarama mu biro wandika ikibi wita abo urusha ububi babi!!!! urarwaye nukuri nukugenda uhagaze.

Bimaze iki mbisubiremo guhembwa watonetse abantu, niba waranize yapfuye ubusa, niba utarize kandi uzabyihorere ntacyo bizamarira Isi kuko niba usohora ibibi gusa byamaze kwinjira warabyotse.

Gupfa uhagaze utabizi birakanyagwa. Nsoze nshimangira ko bene nkuyu nkurikije uko zatangiye zitoba abantu zitabakozeho zica agaciromuntu ntaho ataniye n’interahamwe mu bikorwa kuko nizo zicaga zibyina ziseka narazibonye ibyo mvuga ndabizi aho zanyuze imiborogo nubu imitima iracyayikoreye aho ntiwansinda zanyuzeho virus ndacyayigendana nkundira nkubwireko uwicishije umuntu ururimi n’intongero yatondekanyije uwagarura 1994 ariko ntibikabe biragahera gusa kera abahitagamo bahitaga basaba ibyigomeke nkawe inkunga kuko abo uhoza ku nkeke n’ikaramu n’ibitekerezo n’ururimi rusize inkota n’umutima wahennye uyu mubi nkawe yakwica benshi agasigara mu Isi wenyine. Kuki amateka dukomeza kwanga ko yatwigisha? Niki tutabonye?

Kwica sugutema gusa no kubanza kwambura umuntu ubumuntu nawe bigatuma yiyibazaho yikura mu bantu, kumutesha agaciro ukabirambura, ukamwambika ubusa muri rubanda ntacyo utinye, ukamuhimba amazina adatandukanye nkayo mu mateka nk’inzoka ukanakoresha amafoto n’interuro zizimije ku mitwe ukavugira mu migani nkaho urusha abakiri bazima gato ubusesenguzi byose ukabiraraho ushimangira ibibi byo mu mutima wawe ngo Isi imenye umuntu uko umwumva uri mubi kurusha ikibi.

Byaba nabyo ari ukuri utangaza ntawurata ishyano ku musozi yubika umutwe ntashyugumbwa abara inkuru nuko twarezwe nukuri kumera gutyo nkawe ntaho mbizi i Rwanda mu bantu kurondora umuntu mu bibi, ntaho nakuze mbizi, abicanyi nibo bambura umuntu agaciro baseka byagera kure babona uburyo n’amaraso barayamena.

Uri uwo guhabwa akato kutabikubwira nukuvomerera igisebe ufite mu mutima. Nifuje gukomeza ariko kuba umunyamakuru w’umutindi n’umugome ushimishwa no gusenya umuntu Mana nubwo twese turi babi warakoze kumpa umuhamagaro ngikora itangazamakuru imyaka 12 warakoze undinda kwicisha umuntu micro cyangwa ikaramu; ikiza ntigisibangana ariko umubi ni nk’inkovu ihorana amashyira igahitana umuntu.

Umaze koreka imbaga rekera aho mbere yuko inkuba ikubita iwanyu nawe ukigira mu mubabaro dusangira nk’abantu nubwo iwawe umubabaro w’ibyago wahagera mu buryo busanzwe tekerezako abandi umubabaro, intimba n’imiborogo bibageraho biguturutseho.

Ntuzampeho ashwiiiiii.

Sinkuvumye ntabyo nzi nabishoboye sinabitinyuka iwacu banca, ariko hahaha iminsi izagushota gusa ubugome bwawe ntumpeho urakaburira aho amarira yabo watokoje yakamiye.

Abantu barashize musigeho u Rwanda rwarahogoye musigeho, kwica abantu ukoresheje ururimi no kugaraguza agati birasenye imitima biratumaze.

Ndavugira abibasirwa mungo, mu kazi, mu buzima, mu byago no mu makuba, babyaye cyangwa barwaye, njye nabaye ikihebe ntakikinkanga nabonye byinshi ikintegereje namaze guhura nacyo mwangize umwiyahuzi singitinya umubi kuko nabonyeko muhaye umwanya arankomeretsa niyo mpamvu mutera mbere ariko abatabishoboye kwirwanirira mubareke musigeho.

Simusetse kuko ngira icyaha nanjye ariko uzwi ku ingeso y’ububi ku mutima buvanzemo ubugome n’ubutindi nubwo natwe tugira ibyaha ariko we ibye bimunga bene Gihanga, afite umutima mubi n’ubwenge bwica abantu, sinogukomeretsa arashahura, inkota ye y’ururimi n’ikaramu ifite ubugi bubi cyane mbisubiremo kwica si umuhoro bihera mugutesha umuntu agaciro (Torture morale) nuko iba icyo bita ku déshumaniser (kwambura umuntu ubumuntu) ukamugereranya n’amabi yose nyuma wabona yubitse umutwe ugatema ijosi; ngo usigare uratwa ubugabo kandi wagaraguye imbaga ukagenda useka wahogoje umuntu ndakugaya untera impuhwe kuko uhemberwa amabi iwacu bene nkuyu baramucaga agatuzwa ahe hirengereye bareba intambwe ze akazatuzwa mu bantu yarakarabye.

Uwiyumva aha nk’umunyamakuru w’inkuru mbi gusa abimenye sindagura ntawukorogoshora uwo arushije uruvugiro n’ikicaro ngo agitindemo, inkuba iramukubita ibyo mvuga ndabizi n’ingero zirahari Isi irakosora stop stop utazicuza urushinge rw’isaha rwageze iwawe.

ITANGAZAMAKURU RIKOZWE N’UMUGOME W’UMUTINDI RIMARA ABANTU.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger