Amakuru ashushyeImyidagaduro

Umukobwa wahize abandi mu gukaraga umubyimba mu ndirimbo ya Runtown yatahanye akayabo(Amafoto)

Mu gitaramo cyiswe The Runtown Experience Kigali cyabereye  muri Parikingi ya Sitade Amahoro i Remera, hatanzwe amahirwe ku mukobwa wahize  abandi mu kubyina indirimbo ya Runtown yitwa Bend Down Pause yegukana akayabo.

Iki gitaramo umunya-Nigeria ‘Runtown’  yahuriyemo  n’umuhanzikazi w’umugande Sheebah Karungi, J-Watts, Charly na Nina  ndetse na Bruce Melodie .

Cyabereye  muri Parikingi ya Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa gatandatu tariki 23 Nzeri 2017 , cyatangiye mu masaha ya Saa mbiri z’ijoro kiza kurangira mu gicuku saa sita. Kwinjira byari  amafaranga y’u Rwanda 5,000 ku myanya isanzwe, 10,000 Vip, 25,000 Vvip ndetse na 400, 000 ku bantu 20 bashoboraga kwihuza bakagura ameza.

Nk’uko Collin Mugabo uhagarariye iFactory Africa yazanye  Runtown i Kigali yari yavuze ko umukobwa uzahiga abandi kubyina indirimbo ya Runtown yitwa Bend Down Pause yahuriyemo na Wizkid azahabwa akayabo k’amadorali igihumbi ya Amerika ako kanya[cash] ku rubyiniro akayatahana. Niko byaje kugenda gusa uwahembwe yahawe amafaranga y’u Rwanda atamenyekanye.

Umukobwa wahize abandi n’ubwo yatsindiye amafaranga menshi gusa ntago yari ageze ku mubare w’ibihumbi 800 by’u Rwanda[amadorali 1000]  nk’uko byari byitezwe ndetse byanatangajwe n’abateguye igitaramo.

Ubwo Runtown yageraga ku rubyiniro yaririmbye indirimbo ze zitandukanye maze biza kuba umwihariko ageze ku ndirimbo ye yise Bend Down Pause yakoranye na Wizkid, ahamagara abafana batandatu b’abakobwa ngo baze bahigane batigisa ibibuno. Maze haza kuvamo umwe wahise atahana imifungo y’inoti nyinshi zitandukanye z’amanyarwanda.

Runtown yahamagaye abakobwa biyumvamo gukaraga umubyimba batanguranwa kuza ku rubyiniro

Runtown yahamagaye abakobwa 6 asaba abari bashinzwe umutekano kuborohereza no kubareka bakaza imbere ku rubyiniro kugira ngo bahatane, bahageze batangira guhatana ari batanu hashize akanya abafana bahitamo babiri ari nabo bavuyemo umwe wahise yegukana amafaranga menshi agahita ayahabwa ako kanya ari ku rubyiniro.

Indi nkuru bijyanye: Umukobwa uzahiga abandi mu gutigisa ikibuno azegukana akayabo mu gitaramo cya Runtown i Kigali

Abakobwa baje ku bwinshi ngo bahatanire amafaranga Runtown yari yasezeranije uza guhiga abandi
batigishije ibibuno karahava
Babyinaga nk’abari ku kazi koko…
Babyinnye icyuya kiraza

Basigaye ari babiri barahatana Runtown abaza abafana uwo babona wahize undi
Abafana bari guhitamo ugomba kwegukana akayabo
Umukobwa watsindiye amafaranga yahise ayahabwa ako kanya
Byari ibyishimo by’ikirenga
Ibyishimo byari byose ubwo uyu mufana yamaraga gusingira akayabo, atangira gukubita agatwenge imbere y’imbaga
Ntago yabyiyumvishaga yabanje kwipfuka mu maso

Yateraga akajisho kuri bagenzi yari yasize hasi … akongera akamwenyura

Amafoto: BJC/The High Mountain Pictures

Theos UWIDUHAYE/TERADIG NEWS

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger