AmakuruImyidagaduro

The Ben yagize icyo avuga ku ndirimbo agiye gushyira hanze afatanyije na Sauti Sol

Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin wamamaye ku izina rya The Ben mu muziki Nyarwanda,yatangaje ko ari hafi gushyira hanze indirimbo nshya yakoranye n’itsinda rya Sauti Sol naryo rikomeye bifatika muri Kenya no muri Afurika y’Uburasirazuba muri rusange.

Uyu muhanzi yemeje ko iyi ndirimbo yamaze gukorwa ndetse ko igisigaye ari ugushyirwa ahagaragara kwayo. Yakomeje avuga ko yizeye ko izanyura abakunzi be.

The Ben yagize ati “twamaze gukora iyi ndirimbo mu minsi micye irajya hanze,  ni indirimbo mpamya ko izashimisha buri mukunzi wa muzika yanjye ariko nanone ni indirimbo izaba igaragaza urwego abanyarwanda tugezeho Sauti Sol ni abahanzi beza urumva ko ibyo twakoranye ari byiza.”

Nk’uko The Ben yabitangarije yavuze ko iyi ndirimbo bayikoranye ubwo aheruka muri Africa, kuri ubu uyu muhanzi uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ngo arateganya kuganira na Sauti Sol uko bafata amashusho yayo cyane ko yo atafashwe.The Ben ariko kandi yahamije ko azaba asohoye iyi ndirimbo mu gihe bazaba bagifata amashusho yayo azajya hanze vuba cyane.

The Ben agiye gushyira iyi ndirimbo hanze nyuma y’indirimbo zitandukanye aherutse gushyira hanze zirimo “Fine Girl”,”Naremeye” yakurikiwe nindirimbo yo kuramya no guhimbaza Imana yise “Ndaje”.

Umuhanzi The Ben
Sauti Sol
Twitter
WhatsApp
FbMessenger