AkaziImyidagaduro

Rubavu: Hagaragajwe umwihariko w’iserukiramuco Rubavu Beach Festival rizaba kuwa 29 kanama

Kuwa Gatanu tariki ya 23 Kanama 2024. Ubuyobozi bwa YIRUNGA Ltd buhagarariwe na Iyaremye Yves ku bufatanye n’urubyiruko rw’abakorerabushake bo mu karere ka Rubavu bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru kigamije gusobanura imiterere n’umwihariko w’iserukiramuco Rubavu Beach Festival ndetse naho imyiteguro igeze.

Ni iserukiramuco rigiye kuba ku nshuro yaryo ya mbere ku mucanga w’ikiyaga cya Kivu gikunze guhuriraho n’imbaga nyamwinshi ije kuhidagad urira ndetse rikaba rizahuza ingeri zose z’abantu Kuva ku mwana kugeza ku muntu mukuru.

Umuyobozi wa Irunga LTD Iyaremye Yves yasobanuye byinshi byerekeranye n’imitegurire yaryo ndetse n’ibiteganyijwemo.

Yagize ati:”Iri serukiramuco tubazaniye rizaba ririmo no kugaragaza umuco hamwe no kuzamura impano zitandukanye z’abakiri bato baturutse hirya no hino kuko bisaba kwiyandikisha haba mu bugeni n’ubuvanganzo, imbyino gakondo n’izigezweho ndetse n’indirimbo”.

Yakomeje agira ati:” Muri Rubavu Beach Festival twatekereje kuri buri wese kugira ngo azabashe kubona icyo akeneye haba ikijya mu nda, ibyishimo, kwidgadura no kuruhuka, bizaba byoroshye kuko rizahuza n’imurikagurisha (EXPO) itegenyijwe kuwa 29 Kanama kugeza kuya 1 Nzeri 2024″.

Iyaremye Yves yavuze ko buri wese ushaka kuzaza kwidagadura cyane ko ibiciro byoroheye aho itike yo hasi ari amafaranga 500 gusa mu gihe n’abanyacyubahiro VIP batekerejweho bakazishyura itike y’amafaranga ibihumbi bitanu ( 5000 Frws).

Kubijyanye n’abahanzi bazasusuritsa abaryitabiriye, Abanyarubavu n’Abazaba baturutse hirya no hino bashyizwe igorora kuko abazabasusurutsa biganjemo abakunzwe cyane mu Rwanda barimo, Platin P(Baba), Riderman, Danny Nanone, Bull dog n’abandi bakizamuka mu muziki.

Ni iserukiramuco ryashyizeho akarusho ko n’abandi biyumvamo impano nabo bazasaba umwanya bakigaragariza abazaba bitabiriye iri serukiramuco.

Iyaremye Yves agaragaza imiterere ya gahunda yagize ati:”Ku wa kane tariki 29 Kanama 2024 hazaririmba Nemeye Platini uzwi nka Baba cyangwa Platini p, Ku wa Gatanu tariki 30 ku munsi wa kabiri w’iserukiramuco abakunzi b’injyana ya Hip Hop n’ibisumizi muri rusange bazataramirwa Riderman, Ku wa Gatandatu tariki 31 ku munsi wa Gatatu hazatarama Bull Dog, Ku Cyumweru tariki ya 1 Nzeri 2024 ku munsi wo gusoza muzataramirwa na Danny Nanone.”

Kuni saa tatu za mu gitondo, nibwo Expo izajya itangir, saa munani abaririmbyi n’ababyinnyi bakomeze, hasoze umuhanzi, noneho saa yine after party ibere kuri Lakeside View kugeza amasaha akuze muri iyo minsi Ine.

Uretse kwidagadura no guhaha ibyo muri expo, hazaba hari n’ibyo kunywa n’ibyo kurya kandi ibiciro buri wese akazisangamo. Byumwihariko abanyeshuri barararitswe ngo basezere Vacance mu byishimo.

Iyaremye Yves Kandi yavuze ko abashoramari bakeneye gukorera ubucuruzi muri iri serukiramuco na Expo bahawe ikaze Kandi ko bakwegera ubuyobozi bw’igikorwa bakamenya ibisabwa.

Rubavu Beach Festival ni iserukiramuco rifite umwihariko wa EXPO izaba kuva tariki 29/8-01/9/2024 I Rubavu ku mucanga bizajya bibera kuri Public beach bisorezwe muri Lake Side buri munsi. Iri serukiramuco rizaba ribaye ku nshuro ya mbere, rizibanda ku bikorwa by’imyidagaduro mu birori by’iminsi ine ndetse n’imurikagurisha ry’abaturutse hirya ni hino mu gihugu.

Bavuga ko ibikorwa bijyanye n’isuku ndetse n’umutekano w’abitabiriye, byatekerejweho bityo ko ntawe ugomba kugira impungenge.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger