AmakuruUburezi

NESA yagaragaje uko abanyeshuri biga bacumbikirwa mu bigo bazataha

Umwaka w’amashuri wa 2023-2024, urigusatira umusozo kugira ngo abanyeshuri bajye mu kiruhuko gisoza umwaka,abasoza abanza ,abari mu mwaka wa Gatatu w’ayisumbiye n’abasoza ayisumbuye bagasigara bitegura gukora ibizamini bya Leta.

Hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo n’igihe cy’ibiruhuko by abanyeshuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’lgihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu rugo mu kiruhuko guhera ku wa 05/07/2024 kugeza ku wa 08/07/2024.

Gahunda y’ingendo kuri abo banyeshuri ikaba iteye mu buryo bukurikira:

Ku wa gatanu, tariki ya 05/07/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by amashuri biherereye mu turere dukurikira:

Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro mu Mujyi wa Kigali
Nyanza na Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo

Ngororero mu Ntara y’ Iburengerazuba

Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru

Ngoma na Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba

Ku wa gatandatu, tariki ya 06/07/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by amashuri biherereye mu turere dukurikira:

Ruhango na Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo.

Nyabihu na Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba

Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru

Rwamagana na Kayonza mu Ntara y ‘Iburasirazuba

Ku cyumweru, tariki ya 07/07/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu turere dukurikira:

Huye na Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo

Karongi na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba

Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru

Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba

Ku wa mbere, tariki ya 08/07/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu turere dukurikira:

Muhanga na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo

Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba

Burera mu Ntara y’Amajyaruguru

Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba

Twitter
WhatsApp
FbMessenger