Irushanwa ry’ibanze ArtRwanda-Ubuhanzi ryasorejwe i Kigali ho byari umwihariko kuko bitewe n’ubwitabire budasanzwe byatumye bamwe mu bamurika impano bakomeje kuzerekana kuri uyu wa mbere ni ukuvuga ko byabaye iminsi itatu bitandukanye n’ahandi iri rushanwa ryanyuze.
Aya marushanwa yibanze yari amaze ibyumweru bitatu , ku wa Gatandatu aya marushanwa yari yakomereje i Kanombe mu Ngoro y’Ubugeni n’Ubuhanzi mu munjyi wa Kigali nyuma yo kuzenguruka Intara z’indi z’igihugu. kuri iyi nshuro .abanyempano 697 biyeretse akanama nkemurampaka mu gihe cy’iminsi itatu.
Kuri uyu wa mbere Abanyempano 100 biyandikishije mu mpera z’icyumweru ariko ntibabashe kunyura imbere y’Akanama Nkemurampaka, bahawe umwanya wo kwerekana impano zabo.
Ababanyempano bose aho banyuze hose mu ntara n’umujyi wa Kigali bazahurizwa hamwe mu kindi cy’iciro bakuremo 120 nabwo harebwe abafite impano zihebuje bakurwemo 60 b’indashyikirwa aribo nibo bazashyigikirwa mu kwagura impano zabo bahabwa n’ibihembo .
Muri iri rushanwa harebwa afite impano mu bugeni, kubyina, kuririmba, imideli, ikinamico, ubuvanganzo, filimi no gufotora n’ibindi.
Abagize akanamankemurampaka k’irushanwa kuri uyu wa MbereKu munsi wo Cyumweru abagize akanama nkemurampaka babanje kwishyira imbere y’ImanaMazimpaka Jones Kennedy ayobora isengesho mbere y’irushanwaKu cyumweru ku munsi wa Kabiri w’amajonjora yibanze muri Kigali Minisitiri w’urubyiruko Rosemary Mbabazi yasuye ahari kubera amarushanwa y’ibanze i Kanombe mu Ngoro y’Ubugeni n’Ubuhanzi, akurikirana uko ari kugenda.
Giraneza Lionel afite imyaka 20, yamurikiye akanama nkemurampaka ubuhanga bwe mu gushushanya imideli. Yaje yitwaje urupapuro na crayonUyu yaje amuraka impano ye mubijyanye na MagieIgihozo Nsengiyumva Regis yerekanye ubuhanga budasanzwe mu gukina ikinamico iherekejwe n’ibimenyetso
Aba basore bombi Nzeyimana Lucky na Arthur Nkusi bari guhuriza hamwe ibihe by’ingenzi byaranze aya marushanwa, barigutegura ikiganiro kibumbiyemo byose byaranze irushanwa ry’ibanze kizanyura kuri televisiyo y’Iguhugu
Ubugeni no gushushanya n’izimwe mu mpano zigaragaje cyane muri aya marushanw yibanze
Uyu musore yapfukamye ashima Imana nyuma yo kuva imbere y’akanama nkemurampakaUmuyobozi Mukuru wa Imbuto Foundation, Sandrine Umutoni yari yasuye ahari kubera iri rushanwa ku munsi wa gatatu
David Niyonkuru yakoze ikibumbano mu ishusho ya Sandrine Isheja umwe mubagize akanama nkemurampaka k’irushanwa
Hirwa Diane ubana n’ubumuga bwo kutumva no kutavuga yamuritse impano ye mu gushushanyaUyu musore ufite ubuhanga mugushushanya yakoze igishushanyo cye yashushanyije Minisiti w’umuco na siporo Uwacu Julienne
Iyi myambaro ni imwe mu yamuritswe n’urubyiruko rufite impano mu mideli.
Ku wa Gatandatu iri rushanwa ry’ibanze ritangira muri Kigali basuwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Rwanda Academy, Dr Vuningoma James n’Umunyamabanga Uhoraho Minisiteri y’umuco na siporo , John NtigengwaBuri gitondo mbere y’uko amarushanwa y’ibanze atangira, Ntarindwa Diogene ‘Atome’ .atura Imana ibikorwa biri bube byose.
Kimwe n’ahandi mu turere iri rushanwa ryaciye usanga abamurika impano higanjemo abaririmbyi