AmakuruAmakuru ashushyeImikino

Arsene wavuye muri Rayon Sports yerekeza muri APR FC arigushimwa cyane nyuma yo guhusha penaliti

Tuyisenge Arsene wahushije peneloti ya APR FC mu mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup wayihuzaga na Red Arrows arigushimwa cyane n’abakunzi ba Rayon Sports yahozemo, mu gihe aba APT FC binyoza imoso.

Ibigaragara ku mbuga nkoranyambaga, bigaragaza neza ko uy’umukinnyi atorohewe n’umugoroba w’ejo hashize ku Cyumweru.

APR FC yari yageze ku mukino wa nyuma muri iri rushanwa ryaberaga Dar es Salaam muri Tanzania, ejo tariki ya 21 Nyakanga 2024 yari yahuye na Red Arrows yo muri Zambia.

Red Arrows yaje kwegukana igikombe itsinze kuri penaliti 10-9, ni nyuma y’uko amakipe yombi yari yanganyije 1-1. Penaliti ya APR FC yahushijwe na Tuyisenge Arsene.

Uyu mukinnyi wagiye muri APR FC avuye muri mukeba wayo Rayon Sports n’ubundi benshi mu bakunzi b’iyi kipe batamwemera, batangiye kumuserereza ku mbuga nkoranyambaga.

Niba yagize umutima ukomeye wo kujya ku mbuga nkoranyambaga, bishobora kuba byamukomerekeje kurushaho kuko nta gushindikanya si we wari wishimiye gutaba bagenzi mu nama.

Kimwe mu bigaragara ko ijoro rishobora kuba ryamubanye rirerire, ni amagambo yashyize ku mbuga nkoranyambaga ze, aho yagize ati “Imana: Mpa ibiguhangayikishije byose ubundi ujye kuryama.”

Bamwe bagiye bamusezerereza ko ahagarariye inyungu za Rayon Sports muri APR FC, abandi bavuga ko n’ubundi nta kintu cyiza cyava muri mukeba.

Umwe yagize ati :”Reka mbambwire umuntu wavuze ngo Oooh rayon mumbabarire mumbwire nimba yari umufana wa Apr peee ubu rero mugiye gushaka kutwumvishako Arsene nta fan club ya Rayon abarizwamo se”.
Ubundi butumwa butandukanye
https://x.com/Ishimwe96060368/status/1815042162721206405?t=3dh_CS56xQ_t17gNi77Sbg&s=19

Twitter
WhatsApp
FbMessenger