Mu ijoro ryakeye abantu batandukanye bo ku Isi yose babashije kubona Ubwirakabiri aho ukwezi kwahinduye isura kugatukura ibintu byamaze umwanya muremure cyane bitandukanye n’ibindi bihe by’ubwirakabiri mu kinyejana cya 21.
Ubwo ubu bwirakabiri bw’ukwezi bwabayeho mu joro ryo ku wa 27 Nyakanga 2o18, abitegereje neza babonye inyenyeri yari iruhande rw’ukwezi muri ariya masaha, byatangajwe ko yaba ari umubumbe wa Mars babonaga.
Amakuru atangwa n’imbuga z’ubuhanga mu bumenyi bw’ikirere agaragaza ko ubundi bwirakabiri bw’ukwezi kose nk’ubu buzongera kuboneka muri Africa mu 2022, mu mwaka utaha nabwo buzaba ariko buboneke neza ku migabane ya Amerika.
I kigali n’ubwo ikirere cyari cyiganjemo ibicu byinshi byabangamiye bamwe kureba neza ukwezi gusa aba bashije kububona hari n’abakoresheje Telescope mu kureba ubu bwira kabiri bw’ukwezi.
Abari i Abu Dhabi hafi y’umusigiti wa Sheikh Zayed Grand Mosque, babonye ukwezi kuzamuka inyuma y’umusigitiHejuru ya Abu Dhabi, kwabonetse ku munara muremure w’umusigiti munini wa Sheikh ZayedIyi nyenyeri mubona ahagana hasi ni umubumbe wa Mars wagaragaye mu igihe cy’ubwirakabiriMu Bugiriki Ukwezi kuri hagati y’imana za kera zabo Hera na Apollo, i Athensi Sydney, muri Australia Ukwezi ntikwagaragaye cyaneAha ni m’u Bugiriki, i i Poseidon mu gace ka Cape Sounion,
Sydney, muri Australia abantu bagiye bahuri hamwe kugira barabe uko kwezi gutukuraMu gace ka Taipei mu gihugu cya Taiwan, aho ubwo bwirakabiri bwamaze umunota wose n’iminota 43 hari abakoresheje ibikoresho bidasanzwe birebera ubwirakabiriMu Rwanda hari abakoresheje Telescope bareba uko Ubwirakabiri bugenda
Mu Buyapani(Japan) abantu bagiye bizanira ibikoresho bireba kure kugirango babashe kureba ubwirakabiri nezaMu gace ka Strasbourg, Ukwezi kwagaragaye guca hejuru y’icyo gishusho cyakozwe n’umuhanga mugushushanya wo muri Amerika Jonathan Borofsky.Mu Buswisse uko niko kwezi kwabonetse hejuru mu mi misozi ya Alpes.