AmakuruInkuru z'amahangaPolitiki

Perezida Trump yafashe icyemezo cyo kurekera ingabo zimwe muri Syria

Nyuma y’uko Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika Donald Trump yari aherutse gutangaza ko agiye gukura ingabo z’igihugu abereye umuyobozi muri Syria, yavuguruje uyu mwanzuro avuga ko zimwe zizagumayo.

Yavuze ko umubare muto w’abasirikare bazahaguma barinze amariba avomwamo ibikomoka kuri peteroli, mu gihe abandi bazaguma hafi y’ibihugu bya Israel na Jordanie.

Icyemezo yari yafashe mu byumweru bibiri bishize cyo gukura ingabo z’Amerika mu karere k’umupaka wa Syria na Turukiya, cyamaganwe na benshi ndetse bamwe mu bo mu ishyaka rye ry’abarepubulikani.

Nyuma yaho gato, Turukiya yatangiye kugaba ibitero muri ako karere ku barwanyi b’aba-Kurdes bahoze ari inshuti z’Amerika.

Perezida Trump yongeye gushyigikira icyemezo cye cyo kuhavana izo ngabo.

Abarwanyi bayobowe n’aba-Kurdes bo bamushinja kubatererana mu gihe bafashije Amerika mu rugamba rwo guhashya umutwe wiyita leta ya kisilamu (IS).

Trump yagize ati: “Kuki twashora abasirikare bacu mu mitwe ibiri migari, ishobora kuba igizwe n’abantu ibihumbi amagana, iri kurwana? Ntabwo mbyiyumvisha”.

Yongeyeho ati: “Natowe kubera gusezeranya kugarura abasirikare bacu mu rugo”.

Ariko Trump yanavuze ko Amerika yasabwe na Israel na Jordanie kurekera umubare muto w’abasirikare mu kandi “gace gatandukanye cyane ka Syria”.

Yavuze ko mu kandi gace k’icyo gihugu abasirikare b’Amerika bacyenewe ngo “bacunge umutekano w’ibikomoka kuri peteroli”.

Mu cyumweru gishize Trump  akaba yari yavuze ko Amerika “atari umupolisi” w’isi.

Ubu habarurwa abasirikare b’Amerika barenga 200,000 bari mu bice bitandukanye by’isi birimo umutekano mucye, nubwo Trump yari yasezeranyije kubacyura.

Amakuru avuga ko ingabo z’Amerika mu karere k’ikigobe cya Perse ziyongereyeho abasirikare 14,000 guhera mu kwezi kwa gatanu uyu mwaka.

Ni nyuma y’ibitero ku bwato butwara ibikomoka kuri peteroli byashinjwe Irani.

Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa cumi, ibiro bikuru by’ingabo z’Amerika bya Pentagon byatangaje ko abasirikare bagera hafi ku 3,000 b’Amerika boherejwe “kongerera imbaraga ubwirinzi bwa Arabie Saoudite”.

Turukiya yagabye ibitero muri Syria ku barwanyi bayobowe n’aba-Kurdes ivuga ko igamije kubatsinsura ibakura mu majyaruguru ya Syria.

Turukiya ivuga kandi ko ishaka kuhagira “akarere gatekanye” ko gutuzamo impunzi zigera kuri miliyoni ebyiri z’Abanya-Syria kuri ubu bahungiye muri Turukiya.

Bivugwa ko kuva ibyo bitero byatangira, abantu bagera ku 300,000 bamaze guhunga bagata ingo zabo.

Ingabo zimwe za Amerika zizaguma muri Syria
Twitter
WhatsApp
FbMessenger