AmakuruAmakuru ashushye

Perezida Putin watunguwe n’urugamba yiyambaje Ubushinwa

Uburusiya burimo gusaba Ubushinwa inkunga y’imari n’iya gisirikare, nk’uko bivugwa n’ibinyamakuru Financial Times na New York Times.

Moscow irasaba Beijing kuyiha ibikoresho bya gisirikare byo kwifashisha muri Ukraine, nk’uko FT ibivuga.

Ambasade y’Ubushinwa i Washington ivuga ko itazi iby’ubwo busabe bw’Uburusiya.

Iki kinyamakuru cyo kivuga ko amakuru gikesha umutegetsi wa Amerika utatangajwe avuga ko Uburusiya bumaze iminsi busaba Ubushinwa ibikoresho.

Inkuru yacyo ivuga ko hari ibimenyetso ko Ubushinwa bwaba buri kwitegura gutanga ubufasha.

New York Times nayo isubiramo umutegetsi wa Amerika – uvuga ko Uburusiya bwasabye Ubushinwa ubufasha bw’imari mu guhangana n’ingaruka z’ibihano.

Ubushinwa kugeza ubu bugaragaza ko ntaho bubogamiye muri aya makimbirane kandi ntabwo bwigeze bwamagana ibitero by’Uburusiya.

None kuwa mbere, umujyanama mu by’umutekano wa Amerika Jake Sullivan biteganyijwe ko aganira na Yang Jiechi umudiplomate wo hejuru w’Ubushinwa, i Roma.

Ku cyumweru Sullivan yabwiye ikinyamakuru NBC ko Amerika ishaka ko “yaba Ubushinwa cyangwa undi wese nta usubiza Uburusiya ibyo burimo guhomba mu bukungu”.

Inkuru yabanje

Ukraine igeze ahamanuka Intwaro z’Uburusiya n’abasirikare ba bwo

Twitter
WhatsApp
FbMessenger