AmakuruAmakuru ashushye

Perezida Kagame yahawe impano y’umwambaro Paul Pogba

Perezida wa Repubulika Paul Kagame uri i Paris mu Bufaransa aho yitabiriye inama ya Viva Technology, yahawe impano y’umwambaro w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa wa kabuhariwe Paul Pogba.

Uyu mwambaro wa Pogba Perezida Kagame yawuhawe ubwo yaganiraga n’Abafaransa bibumbiye mu muryango wa Young Presidents Organisation.

Umwambaro Perezida Kagame yashyikirijwe, wanditseho numero 6 isanzwe yambarwa na Paul Pogba mu kipe y’igihugu y’u Bufaransa Les Bleu. Unagaragaraho amazina y’uyu musore ufite inkomoko muri Guinea Conakry ukinira Manchester United yo mu Bwongereza.

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger