Amakuru

Musanze: Polisi yafatanye abantu 8 urumugi yifashishije imbwa zatojwe

Polisi y’u Rwanda yafatiye mu karere ka Musanze abantu umunani bafite udupfunyika tw’urumogi 389 n’imbuto zarwo, yifashishije imbwa zatojwe gutahura no kugaragaza ahari ibiyobyabwenge n’ibintu biturika.

Udupfunyika 252 twafatanywe Niyonkuru Asumani n’umugore we witwa Nyiramajyambere Ramura, 59 twafatanywe Nyiramahoro Marthe, 51 twafatanywe Uwimana Marie Claire; Muhawenimana Nadia yafatanywe udupfunyika 18, udupfunyika 06 twafatanywe Hadija Mbetse; uwitwa Fatuma Sikuyuwa afatanwa agapfunyika kamwe (01); naho uwitwa Uwiringiyimana Theogene Polisi yamufatanye imbuto zarwo.

Aba uko ari umunani bafatiwe ahantu hatandukanye mu mirenge ya Cyuve na Muhoza kuwa kane tariki 26 z’uku kwezi. Bashyikirijwe Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB). Izi mbwa iyo zitahuye ko ahantu runaka hari ibiyobyabwenge cyangwa ibintu biturika zibigaragaza zihicara.

Aba umunani bafashwe bakurikira batandatu bafatanywe urumogi ku wa 21 na 22 Mata uyu mwaka mu turere twa Ngoma na Kirehe na none hifashishijwe izi mbwa. Usibye mu giturage aho Polisi izikoresha aho ikeka ibiyobyabwenge, zikanifashishwa kandi ku bibuga by’Indege, Imipaka ihuza U Rwanda n’ibindi bihugu, ahabereye ibirori byitabiriwe n’Abayobozi mu nzego nkuru za Leta; ndetse n’ahandi biri ngombwa.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, Chief Inspector of Police (CIP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko ifatwa ry’aba umunani ryaturutse ku makuru Polisi yahawe n’abaturage biyemeje kugira uruhare mu kurwanya ukwishora mu biyobyabwenge.

Yibukije ko urumogi rufatwa nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda hashingiwe ku biteganywa n’Iteka rya Minisitiri w’Ubuzima Nº 20/35 ryo ku wa 09/6/2015 rigena ibinyobwa bitemewe n’ibindi bintu bicungwa kandi bifatwa nk’ibiyobyabwenge n’urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo.

Iri Teka rikomeza rivuga ko gifatwa kandi nk’ikiyobyabwenge mu Rwanda ikintu cyose gifite methanol irengeje igipimo cya zero n’ibice bitanu ku ijana (0.5%) mu bikigize; ikirengeje igipimo cya mirongo ine na gatanu ku ijana (45%) bya alukoro; ndetse n’ikinyobwa cyose cyateganywa nk’ikitemewe n’Amabwiriza ya Minisitiri ufite ubuzima mu nshingano ze.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger