AmakuruImyidagaduro

Marina wakuwe ku rubyiniro muri Tour du Rwanda yibasiye Butera Knowless

Umuhanzikazi Ingabire Marina Debol,wamenyekanye ku izina rya Marina mu ruhando rw’umuziki Nyarwanda, yibasiye mugenzi we Butera Knowless nyuma y’uko aherutse  gukurwa ku rubyiniro i Musanze tariki 2 Werurwe 2019 mu gitaramo cya Tour du Rwanda agashinja  Kina Music kubigiramo uruhare.

Marina aganira n’Itangazamakuru  yatangaje ko ubwo yakurwaga ku rubyiniro yabwiwe n’abashyushya rugamba (MC)  ko Clement Ishimwe, ariwe wategetse ko  akurwa ku rubyiniro bitewe n’imibyinire idasanzwe yagaragazaga.

Yakoje avuga ko atiyumvisha impamvu bamukura ku rubyiniro ngo ari kubyina cyane kandi imbaraga azifite ndetse azi no kubyina nkuko abyiyemerera.

Ati”(…) Niba abahanzi benshi bajya kuri stage bagahagarara bakavuga ngo amaboko hejuru ntago abahanzi bose bazamera nka Knowless uhagarara kuri stage akavuga ngo amaboko hejuru(…), Nzi kuririmba  ndacyari muto mfite imbaraga kandi nzi no kubyina nabikora byombi.”

Marina utarashimishijwe no gukurwa kurubyiniro nkuko abyitangariza byavuzwe ko impamvu nyamukuru yamanuwe kurubyiniro aruko yabyinaga mu buryo buteye isoni nkuko byatangajwe n’umwe mubateguye igitaramo utarashatse ko amazina ye ajya hanze.

Yagize ati”Yakoze ibiteye isoni ku rubyiniro, hari abayobozi hari abana bato, yagiye ku rubyiniro akora ibintu bidasanzwe.”

Producer Clement, Nyiri Kina Music warufite inshingano zo guhitamo abahanzi baririmbye muri iki gitaramo, yirinze kugira icyo atangaza kuri ibi byose birimo gushinjwa Kina Music.

Ati “Ntabwo nagira ikintu mbivugaho, ayo makuru sinzi aho yavuye, nta kintu nabivugaho.”

Marina usanzwe abarizwa mu nzu ifasha abahanzi kumenyakanisha ibikorwa byabo bya Muzika izwi nka The Mane, yibasiye Knowless mu gihe ubushize yavugwagaho kwibasira abakobwa babiri bazwi mu muziki Nyarwanda nk’itsinda rya Charly na Nina.

Marina yavuze ko abahanzi bose bataba nka Knowless uhagarara ku rubyiniro akabwira abantu ngo amaboko hejuru
Twitter
WhatsApp
FbMessenger