AmakuruAmakuru ashushyePolitiki

Louise Mushikiwabo abona minisiteri y’ububanyi n’amahanga ayisize mu maboko meza

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’ibihugu buvuga igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo , mu gitondo cyo ku wa 24 Ukwakira  yahaye ububasha yari afite  muri minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Rwanda Hon Dr Richard Sezibera wamusimbuye muri iyi minisiteri.

Louise Mushikiwabo yavuze ko nta mpungenge afite kuko iyi Minisiteri ayisize mu maboko meza cyane ko Dr Sezibera atari mushya muri aka kazi, anashimira abandi bakozi bakoranye muri iyi minisiteri mugihe cy’imyaka isaga icyenda.

Ati  “ Niyo mpamvu mvuye muri Ministeri nishimye kuko nzineza ko abagiye kuyobora Ministeri bafite ibintu byuzuye kugira ngo Ministeri yacu irusheho gutera imbere”

Dr Richard Sezibera Ministiri mushya w’ububanyi n’amahanga yavuze ko u Rwanda rwagize ba Minisitiri b’ububanyi n’amahanga benshi ariko ngo ntawe yabonye ukora nka Mushikiwabo.

Louise Mushikiwabo asize hari ibibazo bimwe mu bubanyi n’amahanga nk’umubano w’u Rwanda n’u Burundi utameze neza, n’uwa Uganda urimo igitotsi.

Dr Richard Sezibera avuga ko nta muminisitiri w’ububanyi n’amahanga yabonye ukora nka Mushikiwabo.

Hari mu muhango wo guherekanya Ububasha

 

Twitter
WhatsApp
FbMessenger