AmakuruInkuru z'amahangaPolitiki

Kenya: Imvura y’uyu munsi yahitanye abarenga 24

Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 23 Ugushyingo 2019, mu gihugu cya Kenya mu gace ko mu karere ka West Pokot mu burengerazuba bwa Kenya, abantu barenga 24 nibo bamaze gutangazwa ko bahitanwe n’inkangu yatewe n’imvura nyinshi yaguye kuri muri aka gace.

Abayobozi babwiye batangarije ibitangazamakuru byo muri Kenya ko imirambo 12, irimo irindwi y’abana, yamaze kuboneka kugeza ubu kuri uyu wa gatandatu.

Amakuru avuga ko iyo mvura nyinshi yibasiye ibyaro bya Nyarkulian na Parua.

Abayobozi kandi bavuga ko imihanda yo muri ibyo byaro yarengewe n’amazi kandi n’iteme rimwe ryatwawe.

Joel Bulal, umutegetsi wo mu nzego z’ibanze muri ako gace, yabwiye ikinyamakuru Daily Nation cyo muri Kenya ko ibikorwa by’ubutabazi bikomeje mu kugerageza gushakisha abantu baburiwe irengero.

Apollo Okello, umuyobozi w’ako karere, yavuze ko abandi bashobora kuba barenzweho muri iyo nkangu, ariko avuga ko ibikorwa by’ubutabazi biri gukomwa mu nkokora n’ikirere kikimeze nabi.

Ikinyamakuru The Standard – na cyo cyo muri Kenya – gisubiramo amagambo ye agira ati: “Turikugerageza kugera aho iteme ryatwariwe n’imyuzure, imvura iracyagwa”.

Amafoto yo ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ibiti, icyondo n’imyanda binyanyagiye mu mihanda.

Mu butumwa bwo kuri Twitter, umuryango utabara imbabare wa Croix-Rouge – ishami rikorera muri Kenya – wemeje ko wambariye gutabara nyuma y’amakuru avuga ku nkangu “ikomeye”.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger