AmakuruUrwenya

Dore amakosa akomeye akorwa n’abakobwa mu gihe bashaka ko abasore bakundana bihutisha ubukwe

Hari igihe umusore n’inkumi bakundana igihe kirekire, maze umukobwa yabona umusore nta gahunda y’ubukwe amubwira ya vuba kandi we akeneye umugabo,agakora ibishoboka byose ngo ubukwe butahe,ariko nyamara usanga biteza ibibazo birimo kubengwa,kubarisha nabi umusore,ubukene nyuma y’ubukwe n’ibindi kuko biba bitarateguwe neza cyangwa bisa no guhatiriza.

1.Kuryamana ;Hari ubwo umukobwa aba amaze igihe kinini akundana n’umusore ariko bararyamana,maze yabona atamubwira ubukwe vuba agahitamo kuryamana na we kandi kenshi gashoboka yibwira ko aribwo buryo bwo kumwereka urukundo,maze bikaba aribyo bizatuma afata umwanzuro wa vuba.Nyamara akenshi usanga bibeshya kuko hari nubwo batabana.

2. kwiteza inda ; umubare munini w’abakobwa usanga biteza inda ku basore bakundana ngo nibwo bazahita bafata umwanzuro wo kubashyira mu rugo,ariko abenshi ntibibahira kuko hari nubwo barinda babyarira iwabo nta bukwe bubaye.

3. kuvuga ubukwe cyane ; usanga kandi abakobwa benshi bibeshya ubukwe n’abasore bakundana,bakabibwira abantu bose b’incuti n’imiryango kandi ntacyo umuhungu aramubwira.Ibi nabyo abenshi babikora mu rwego rwo kugira ngo umusore niyumva abantu bamaze kumenya ibayabo ndetse bamubaza ubukwe,ngo azahita afata umwanzuro avuge igihe cy’ubukwe,ariko icyo sicyo cyatuma umuhungu afata umwanzuro atateguye.

4. Kurata ubukire ; hari abandi bakobwa usanga baziko abahungu bakunda ubutunzi,maze bakajya biyemera amafaranga n’imitungo badafite,kugira ngo barebe ko umuhungu yakwemera ubukwe mu gihe cya vuba byaba ngombwa akaniyemeza kuzikorera ubukwe mu mafaranga ye.Ibi umusore ashobora kubyemera ndetse ubukwe bukaba,ariko asanze ya mitungo ntayo afite cyangwa ubukene buaza mu rugo niho hava ya mibanire mibi bitewe no gukora ubukwe bwihuse.

5. Guhindura idini ; Hari ubwo umukobwa aba akundana n’umusore,badahuje idini n’imyemerere ariko kuko ashaka ko bakora ubukwe agahita ahindura idini nta n’ubwumvikane yibwira ko byatuma ahita afata umwanzuro vuba rimwe na rimwe bagatandukana nta bukwe buraba,umukobwa agasubira mu idini yahozemo.

Ibi ni bimwe mu by’abakobwa bakora iyo bakundanye n’abasore igihe kirekire bakabona nta gahunda y’ubukwe ya vuba kandi bo babukeneye,maze bagatangira gushaka uburyo bafata umwanzuro,kandi akenshi ntibibahire bwanaba nyuma yahoo hakazaba ingaruka.Ikiruta ibi byose nukuganira n’umusore mukundana ukamubwira ko ushaka ubukwe,hanyuma mukagira uko mwitegura ndetse kakubwira ighe yumva yaba yiteguye neza kandi nawe ukamutegereza,niba umukunda koko.

Twitter
WhatsApp
FbMessenger