AmakuruImikino

Areruya Joseph akomeje kubaka amateka mu Rwanda ku mukino wo gusiganwa ku magare

Areruya Joseph yanikiye bagenzi be muri shampiyona y’igihugu mu mukino w’amagare yabaye kuri uyu wa 23 Kamena 2018 mu karere ka Bugesera mu ntara y’Uburasirazuba.

Uyu musore ukina nk’uwabigize umwuga mu ikipe ya Delko–Marseille Provence KTM yo mu Bufaransa  yanikiye abandi basiganwaga ku ntera y’ibirometero 41,5Km  abasiga akoresheje  iminota 54 n’amasegonda 38.

Areruya Joseph wari uri ku igare rifite agaciro ka Miliyoni 15 abashije gutsinda agace ka mbere ka shampiyona y’igihugu yo gusiganwa ku magare , agace kar ako gusiganwa n’igihe bizwi nka (Individual Time Trial).

Uretse Areruya mu bakobwa Jacqueline Tuyishimire ukinira ikipe ya benediction Club y’I Rubavu  niwe wasize abandi muri aka gace akoresheje iminota 41 n’amasegonda 39. Mu cyiciro cy’ingimbi  Uhiriwe Byiza Renus ukinira Muhazi Cycling Club niwe waje imbere mu gace bakinnye  mu guusiganwa n’isaha umuntu ku giti cye  (Individual Time Trial).

Ku munsi w’ejo ku Cyumweru nabwo abasiganwa bazakomeza, aho kuruhande rw’Abagabo bazasiganwa mu muhanda “Road Race”  bisanzwe  bakazanyura kuri Stade Amahoro-Kimironko-Kibagabaga-MTN Center-RDB-Airtel-Stade Amahoro inshuro 12ku ntera ya 150Km. Ingimbi nazo zizanyura muri uwo muhanda inshuro 8  bingana na kilometero 100 naho abagore bahanyure inshuro 6 bingana na kilometero  75 Km gusa.

Uhiriwe Byiza Renus , Areruya Joseph na Jacqueline Tuyishimire nibo bakoresheje ibihe  byiza kurusha abandi.
Igare Areruya yakoresheje asiganwa

Uhiriwe Byiza Renus ukinira Muhazi Cycling Club
Jacqueline Tuyishimire ukinira ikipe ya benediction Club y’I Rubavu
Uko bagiye bakurikirana ku rutonde mu rwego rw’abakuru
Mu cyiciro cy’ingimbi urutonde ni uku basoje aka gace bakurikiranye

 

Mu bagore ni uku urutonde ruhagaze
Twitter
WhatsApp
FbMessenger